00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Mu 2025 hapfuye abantu benshi kuruta abavutse

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 14 January 2026 saa 09:50
Yasuwe :

Ikigo cy’Ibarurishamibare cyo mu Bufaransa, INSEE, cyagaragaje ko mu mwaka wa 2025, hapfuye abantu benshi kurenza abavutse, ibyaherukaga kubaho mbere y’Intambara ya Kabiri y’Isi.

Iki kigo kigaragaza ko mu 2025 mu Bufaransa hapfuye abantu ibihumbi 651, mu gihe havutse abana ibihumbi 645.

INSEE igaragaza ko umubare w’abana umugore ashobora kubyara wagabanyutse ukagera kuri 1,56.

Mu 2023 u Bufaransa bwari ku mwanya wa kabiri, mu bihugu byo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi, EU, bihagaze neza mu bijyanye n’abana bavuka kuko umubare w’abana umugore ashobora kubyara bari 1,65.

Icyakora ubu abahanga bagaragaza ko u Bufaransa na bwo bwatangiye kugira ibibazo by’abantu benshi bashaje, imbyaro nke, n’impfu nyinshi.

Abahanga bagaragaza kandi ko ibi bizagira ingaruka ku bukungu bw’iki gihugu cyane cyane mu bijyanye no gutanga amafaranga agenerwa abageze mu zabukuru.

Mu Bufaransa mu 2025 hapfuye abantu benshi kuruta abana bavutse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages