Bayrou yabigarutseho nyuma yaho umunya-Algeria uba mu Bufaransa yishe umuntu amuteye icyuma ndetse agakomeretsa abapolisi batatu mu mujyi wa Mulhouse wo mu Burasirazuba bw’u Bufaransa.
Ubwo Bayrou yaganiraga n’abanyamakuru yavuze ko ibyabaye ari ibintu bibabaje kandi ngo uwabikoze hari hamaze kugeragezwa inshuro 14 bashaka kumusubiza mu gihugu cye akabyanga.
Ati “Amahano yakorewe muri Mulhouse yabaye kubera uyu muturage ukomoka muri Algerie wari utegereje ko bamwohereza mu gihugu cye kandi twagerageje kubikora inshuro 14 zose barabyanze.”
Amasezerano yo mu 1968 hagati ya y’u Bufarnsa na Algerie yasinywe nyuma y’imyaka itandatu iki gihugu cyo kibonye ubwigenge ku Bufaransa, akaba yorohereza abaturage bo muri Algerie kujya no gutura mu Bufaransa.
Abayobozi batandukanye bo mu Bufaransa bagiye basaba ko aya masezerano yakongera gusubirwamo kubera iki gihugu gikomeza kwanga kwakira abaturage birukanywe mu Bufaransa

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!