00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Abimukira barenga 150 batabawe yuma y’uko ubwato barimo buhiye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 August 2026 saa 12:59
Yasuwe :

Abayobozi b’u Bufaransa batangaje ko abimukira barenga 150 batabawe nyuma y’uko ubwato bari barimo bugiye kwambuka muri La Manche bufashwe n’umuriro ku wa Kabiri mu gitondo.

Uwo bwato bwari bugiye kwambuka bujya mu Bwongereza, moteri yabwo yafashwe n’inkongi y’umuriro.

Byatangajwe ko abantu 157 ari bo batabawe bajyanwa ku cyambu cya Boulogne-sur-Mer. Ntibyigeze bitangazwa niba hari abakomeretse cyangwa abahasize ubuzima.

Ibi bibaye nyuma y’umunsi umwe Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Andy Burnham, atangaje ko guverinoma ye izakomeza gushyira imbaraga mu kugabanya umubare w’abantu binjira mu Bwongereza bakoresheje ubwato buto.

Abimukira 157 batabawe mu nyanja berekeza mu Bwongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages