Uyu mwarimu yishwe nyuma y’aho yari avuye mu ishuri amaze gutangiza ikiganiro mpaka n’abanyeshuri be ku mashusho yashushanyijwe agaragaza intumwa y’Imana, Muhammad.
Abandi bantu bamaze gutabwa muri yombi nyuma y’urupfu rwe barimo abo mu muryango w’umusore w’imyaka 18 wamukase umutwe. Polisi yakoze umukwabu ukomeye kuri uyu wa Mbere, ita muri yombi abantu bose ikeka ko baba bafitanye isano n’urupfu rwe.
Ubu bwicanyi bwateye igikuba mu Bufaransa, kugeza aho bukiba mu cyumweru gishize Perezida Macron yahise agera aho bwabereye arabwamagana avuga ko ari igitero cy’iterabwoba cyagabwe n’abantu bagendera ku matwara akaze y’idini ya Islam.
Ku rundi ruhande, ibihumbi by’abaturage mu Bufaransa, ku cyumweru byigabije imihanda mu mijyi itandukanye y’u Bufaransa, byamagana ubu bwicanyi. Umuhango wo kwibuka Paty wari umwarimu w’amateka wapfuye afite imyaka 47 uteganyijwe kubera muri Kaminuza ya Sorbonne kuri uyu wa Gatatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!