Drone yari ihetse igisasu yagaragaye ku kibuga cy’indege cya Leipzig/Halle, giherereye mu burasirazuba bw’u Budage hafi y’aho indege zitwara imizigo zerekeza muri Ukraine zihagurukira.
Iyi drone ntiyaturitse kuko igisasu yari ihetse kitakoraga neza. Abashakashatsi bakeka kandi ko indi drone yaba yaragonze indege itwara imizigo yari hafi aho. Indi drone ngo yabonetse hafi y’ikibuga cy’indege nyuma y’iminsi 10.
Minisitiri w’Umutekano imbere mu Budage, Alexander Dobrindt, yavuze ko iki gitero gikurikira uburyo buzwi bwo gukoresha ibikorwa by’ubutasi no guhungabanya umutekano bikorwa n’u Burusiya mu Burayi, kandi ko hari icyizere ko u Budage bushobora kongera kwibasirwa.
Abahanga mu by’umutekano bavuze ko u Burusiya bushobora kuba buri inyuma y’iki gitero, ariko u Burusiya bwakomeje guhakana ko bufite aho buhuriye n’ibyo birego.
Ikibuga cy’indege cya Leipzig/Halle gikoreshwa n’ingabo z’u Budage ndetse n’umuryango w’ubutabarane, NATO mu gutwara ibikoresho bya gisirikare. Ni na hamwe mu hantu hifashishwa mu bikorwa byo gutwara imizigo y’indege ya kompanyi ya Ukraine itwara imizigo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Budage, Johann Wadephul, wari kumwe na Dobrindt mu kiganiro n’abanyamakuru i Berlin, yavuze ko ateganya gusaba ko ambasaderi w’u Burusiya i Bonn ahagarikwa, ndetse n’amasezerano y’inzu y’u Burusiya i Berlin akavaho. Yavuze ko hari abakeka ko iyo nzu yakoreshejwe mu bikorwa by’ubutasi no gukwirakwiza ubutumwa bw’u Burusiya.
Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte, yavuze ko uyu muryango uhagaze ku ruhande rw’u Budage kandi ko ubushyigikiye byuzuye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!