00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Budage bugiye gutangira kwigisha abana imyitwarire y’urugamba

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 8 April 2025 saa 02:46
Yasuwe :

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu y’u Budage yasabye ibigo by’amashuri gutangira kwigisha abana uburyo bakwitwara mu bihe by’intambara, kugira ngo bazabe biteguye igihe umutekano waba muke mu myaka iri imbere.

Ibi byavuzwe n’umuvugizi w’iyi Minisiteri ku wa 7 Mata 2025, nkuko ikinyamakuru cya Handelsblatt cyabitangaje.

Umuvugizi iyi Minisiteri yabwiye Handelsblatt ko ibi bigiye gukorwa kubera ibibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi bigaragara.

Yagize ati “Bitewe n’ibibazo by’umutekano biherutse kuba, hakwiye gushyirwa imbaraga mu kwigisha abaturage ibikorwa byo kwitabara, harimo no mu mashuri.”

Yavuze ko abanyeshuri bakwiye guhabwa imyitozo nk’andi masomo yo mu ishuri, ndetse n’ababyeyi bagashishikarizwa gutangira kubika ibintu by’ibanze byifashishwa mu butabazi mu ngo zabo.

Igisirikare cy’u Budage kivuga ko gishingiye ku makuru gifite u Burusiya bushobora kugaba ibitero ku bihugu byo mu muryango wa OTAN mu myaka ine cyangwa irindwi iri imbere.

U Burusiya bwagiye buvuga kenshi ko nta gahunda yo gutera NATO bufite, gusa ibihugu biba muri uyu muryango bikomeje kwitegura intambara no kwerekana ko bitizeye ibyo u Burusiya buvuga.

Abanyeshuri bo mu Bugade bagiye gutangira gutozwa uko bakwitwara mu bihe by'intambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .