Indege eshatu muri zo zageze mu Bubiligi tariki ya 13 Ukwakira 2025. Ni umuhango witabiriwe n’abarimo Umwami Philippe na Minisitiri w’Ingabo, Theo Francken, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Le Vif.
F-35 yagombaga kugerana n’izindi i Bruxelles uwo munsi ariko yo yagize ikibazo tekiniki, igwa ku kirwa cya Açores mu nyanja ya Atlantique. Byasabye gutegereza abatekinisiye bo muri Lockheed, barayikanika.
Minisitiri w’Intebe wungirije ushinzwe umurimo, ubukungu n’ubuhinzi, David Clarinval, yatangaje ko indege za F-35 zisimbuye F-16 u Bubiligi bwari bumaze imyaka irenga 40 bukoresha.
Minisitiri Francken yasobanuriye abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi ko izi ndege ndetse na F-16 zidashobora kwifashishwa mu kirere cy’iki gihugu. Ati “Ikirere cy’u Bubiligi ntigihagije mu kwakira imyitozo yazo.”
Uyu muyobozi yasobanuriye Abadepite ko u Bubiligi buri mu biganiro n’ibihugu birimo u Butaliyani, u Buholandi na Norvège kugira ngo bizabwemerere gukorera imyitozo ya F-35 mu kirere cyabyo.
U Bubiligi bufite ubuso bwa kilometero kare 30.689. Buri ku mwanya wa 11 mu bunini, mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!