Trump yabivugiye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabereye muri Leta ya Carolina y’Amajyepfo ku wa Gatanu tariki 21 Kanama 2026, aho yari ashyigikiye umukandida ushaka kuba Umusenateri, Darline Graham.
Ati “Ntabwo tuzi niba twaratsinze, kuko ubu mbona Umuhora wa Hormuz nk’ubutaka bwa Amerika.”
Nyuma y’ayo magambo, Trump yanavuze mu buryo bw’urwenya ko Amerika ishobora kongera kugaba ibitero kuri Iran.
Kugeza ku wa Gatanu, Ingabo za Amerika zari zimaze gutegeka amato y’ubucuruzi 68 guhindura inzira kugira ngo yubahirize amabwiriza ajyanye n’ibihano byo guhagarika ubwikorezi bw’amato ajya Cyangwa ava ku byambu bya Iran.
Amakimbirane hagati ya Washington na Tehran arakomeje mu gihe ibiganiro by’amahoro byananiranye.
Ubutegetsi bwa Trump bwakomeje gufata ingamba zigamije kuzahaza ubukungu bwa Iran, bugabanya uburyo iki gihugu gishobora gukoresha Umuhora wa Hormuz ufatwa nk’inzira y’ingenzi ikoreshwa mu kohereza peteroli ku masoko mpuzamahanga.
Uyu Muhora wa Hormuz unyura hagati ya Iran na Oman, kandi hafi kimwe cya gatanu cya peteroli itwarwa n’amato ku isi gisanzwe ari ho kinyura.
Trump yari aherutse gutangaza ko ashobora kwemeza ko Umuhora wa Hormuz uba agace ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yavuze ko kubera ko Amerika iwugenzura, ashaka ko watangazwa nk’ubutaka bwa Amerika, ndetse yashyize ku mbuga nkoranyambaga ishusho y’ikimenyetso cyawo yanditseho ko ari “ubutaka bushya bwa Amerika”.
Icyakora, Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Kazem Gharibabadi, yanenze ayo magambo ya Trump ayita “ibitekerezo bidafite ishingiro”.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!