Ibi yabivuze ku wa 19 Gicurasi 2025, ubwo yasubizaga ubwo yabazwaga niba abona Ukraine iri gukora ibishoboka kugira ngo iyi ntambara irangire.
Trump ati “Ubu sinavuga yego cyangwa oya kuko Zelensky ni umugabo ukomeye, ntabwo byoroshye kuganira nawe. Gusa ntekereza ko ashaka kurekera, ndizera igisubizo ari uko ashaka ko ikibazo gikemuka.”
Trump yakomeje avuga ko iki kibazo cyajemo kwiyemera hagati y’impande zombi, avuga ko nibikomeza gutya azakuramo ake karenge akabareka bagakomeza imirwano.
Yagize ati “Navuga ngo mfite umurongo ntarengwa ariko sinshaka kuwuvuga kuko bishobora gutuma ibiganiro birushaho kugorana.”
Ibi Trump yabivuze nyuma y’ikiganiro yagiranye na Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin, kuri telefone, ikiganiro Trump ahamya ko cyagenze neza.
Ku rundi ruhande Zelensky yavuze ko yahamagaye Trump mbere na nyuma y’ibiganiro na Putin amubwira ko nta myanzuro bagomba gufata Ukraine itabigizemo uruhare.
Muri Mutarama 2025, Trump yari yavuze amagambo nk’aya agaragaza ko byoroshye kuganira n’u Burusiya kurenza Ukraine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!