00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yishimiye ibaruwa Zelensky wa Ukraine yamwoherereje

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 6 March 2025 saa 07:39
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yishimiye kuba Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yaramwandikiye ibaruwa agaragaza ko yemeye kujya mu biganiro bigamije kugarura amahoro no gusinya amasezerano yo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro yo mu gihugu cye.

Ibi Trump yabitangaje ku wa 4 Werurwe 2025, mu nama n’Inteko Ishinga Amategeko, aho yavuze ko Zelensky yamwoherereje ibaruwa yemeza ko yiteguye kugirana ibiganiro na we bigamije kugarura amahoro.

Ati “Ukraine yiteguye kuza mu biganiro vuba bishoboka kugira ngo yihutishe amahoro arambye. Nta muntu ushaka amahoro kurusha Abanya-Ukraine”

Yavuze ko Zelensky yamubwiye ko bahaye agaciro ubufasha Amerika yabahaye ariyo mpamvu bashaka gukomeza ibiganiro bigamije kugarura amahoro.

Ibi bibaye nyuma y’ubushyamirane bwabaye hagati ya Trump na Zelensky muri White House, ku wa 28 Gashyantare 2025, ubwo Zelensky yari yagiye muri Amerika gusinya amasezerano yo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro yo muri Ukraine.

Trump yavuze ko kandi akurikije ibiganiro ari kugirana n’u Burusiya nabwo bwiteguye guhagarika intambara.

Ati “Ibi ntibyaba ari byiza? Igihe kirageze ngo ubu busazi buhagarare, igihe kirageze kwica bihagarare, igihe kirageze ngo iyi ntambara irangire, kandi niba ushaka ko irangira ugomba kuvugana n’impande zombi."

Trump yishimiye ibaruwa Zelensky wa Ukraine yamwoherereje

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .