00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yigaramye abamushinja kugira uruhare mu byaha byakozwe na Jeffrey Epstein

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 13 July 2025 saa 10:17
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaganiye kure abakomeje kumushinja we n’ubutegetsi bwe, guhisha amakuru agendanye n’ikirego cya Jeffrey Epstein wari ukukiranweho ibyaha birimo gufata ku ngufu abana batujuje imyaka y’ubukure ariko nyuma akaza gupfira muri gereza yiyahuye.

Bamwe mu nshuti za Trump barimo umunyamakuru Tucker Carlson ndetse n’uwahoze ari umujyanama we Steve Bannon, baherutse kunenga raporo iherutse gushyirwa hanze na Minisiteri y’Ubutabera n’Urwego rushinzwe Iperereza muri Amerika, FBI.

Iyi raporo yashyizwe hanze yerekanye ko nta bimenyetso bigeze babona by’abantu bakomeye bashobora kuba baragize uruhare mu byaha byakozwe n’uyu mugabo byo gufata ku ngufu abana b’abakobwa batujuje imyaka y’ubukure.

Mu bantu bakomeye bagiye bavugwa muri uru rubanza harimo Donald Trump, Igikomangoma cy’u Bwongereza Andrew, Bill Clinton wahoze ayobora Amerika ndetse n’abandi batandukanye.

Ikindi cyagaragaye muri iyi raporo ni uko uyu mugabo urupfu rwe rwatewe no kwiyahura, nta kimenyetso gihari ko hari uwaba yaramwiciye muri gereza ya Manhattan mu 2019.

Ku wa 12 Nyakanga 2025, nibwo Trump abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko ibi byose bikubiye muri iyi raporo byakozwe n’abayobozi bakomeye mu ishyaka ry’aba-Democrates barimo uwahoze ayobora Amerika, Barack Obama n’uwigeze kuba Umunyabanga wa Leta, Hillary Clinton.

Trump yigaramye abamushinja kugira uruhare mu byaha byakozwe na Jeffrey Epstein

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages