Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yasuraga uwo mupaka uherereye muri Leta ya Arizona. Trump yavuze ibi mu gihe umubare w’abanduye Coronavirus muri Arizona ukomeje kwiyongera.
Kuri uyu wa Kabiri gusa, muri Arizona habonetse abarwayi bashya 3591, abakenera guhabwa ibitaro nabo baba benshi.
Mbere yo gusura uwo mupaka, Trump yabwiye itangazamakuru ko yubatse urukuta abantu benshi bamurwanya ariko ubu ntawe ukivuga kuko bose babonye akamaro karwo.
Yagize ati “Rwahagaritse Covid, ruhagarika buri kimwe cyose. Nta kindi gihe umupaka wacu wagize umutekano nk’uhari kuri ubu.”
Umupaka ugabanya Mexique na Amerika ufite kilometero zisaga 300, Trump akaba yariyemeje kuwubakaho urukuta rukumira abimukira.
Nubwo Trump yishimiye umupaka, benshi bamunenze ko asa n’uwirengagije ikibazo cya coronavirus ikomeje guhitana benshi mu gihugu cye, by’umwihariko muri Arizona aho yari yagiye.
Muri iyo Leta ya Arizona, abantu bamaze kwandura coronavirus bangana na 58,179, barimo 1,384 bapfuye.



















TANGA IGITEKEREZO