00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yavuze ko Ukraine igoranye kuruta u Burusiya

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 8 March 2025 saa 02:27
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko amaze kubona ko mu biganiro bigamije kugarura amahoro, Ukraine igoranye cyane kurusha uko bimeze ku Burusiya.

Ibi yabivuze ku wa 07 Werurwe 2025, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru mu biro bye, aho yavuze ko u Burusiya buri kwitwara neza ndetse ko byoroshye kumvikana na bwo ariko kuri Ukraine bikaba ingorabahizi.

Trump yakomeje gushinja Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky ko atubaha Amerika ndetse ko iyo bigeze ku bijyanye n’amasezerano yo kugarura amahoro agenda ahindagurika ameze nk’umuntu utazi icyo ashaka.

Mu cyumweru gishize ubwo Zelensky yagiranaga ibiganiro na Trump, Perezida wa Amerika yavuze ko uyu wa Ukraine atubaha igihugu cyamufashije, ndetse Amerika ihita ihagarika inkunga yageneraga ab’i Kyiv.

Ibyo byose biri kuba mu gihe intambara igikomeje, kuko u Burusiya buherutse kugaba ibitero muri Ukraine byangije ibikorwaremezo aho Zelensky yavuze ko barashweho misile 70 ndetse n’andi masasu menshi yarashwe na drones.

Nubwo Trump yari yavuze ko ari guteganya ibihano bikakaye ku Burusiya kubera ibyo bikorwa, kuri iyi nshuro yavuze ko Putin ari kwitwara neza mu biganiro ndetse ashaka ko intambara irangira kurusha uko Ukraine iri kwitwara.

Ati “Nshaka kumenya niba [Ukraine] ishaka gukemura ibibazo. Mu by’ukuri sinzi niba babishaka.”

Zelensky yakomeje kuvuga ko yiteguye amasezerano y’amahoro ariko u Burusiya bwo bukaba bugikomeje kubagaba ho ibitero.

Biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha abayobozi bakuru ba Amerika bazongera bakagirana ibiganiro n’aba Ukraine, bikazabera muri Arabie Saoudite.

Ni nyuma y’uko ibyabereye muri White House byarangiriye mu ntonganya no guterana amagambo.

Nyuma y’uko ibyo bibaye Zelensky yakomeje kugaragaza ko yicuza uko yitwaye mu biro bya Perezida wa Amerika ndetse ko yiteguye gukora ibishoboka byose umubano we na Trump ukagaruka nyuma yo kuzamo agatotsi.

Trump yavuze ko u Burusiya bushaka amahoro kurusha uko bimeze kuri Ukraine
Mu kiganiro Trump (iburyo) aherutse kugirana na Zelensky yavuze ko uyu muyobozi wa Ukraine atubaha Amerika kandi yaramufashije
Mu minsi ishize Perezida Zelensky yagiranye ikigarino na Trump, kirangwa n'intonganya nyinshi cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .