Ibi yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social yashyizeho ku wa 11 Mata 2026, aho yavuze ko mu gihugu cye hari koherezwa ubwato bwinshi butarimo ikintu kugira ngo buzatware ibikomoka kuri peteroli mu bindi bihugu byo ku Isi.
Ati “Hari umubare munini w’ubwato butwara ibikomoka kuri peteroli ariko burimo ubusa buturutse ahantu hatandukanye ku Isi buri kuza bugana muri Amerika kugira bushyirwemo lisansi na peteroli izoherezwa ahantu hatandukanye ku Isi.”
Ubu butumwa yabushyize hanze nyuma y’uko Abayobozi bakuru ba Amerika na Iran bahuriye I Islamabad muri Pakistan ahabereye ibiganiro by’ubuhuza hagati ya Amerika na Iran hagamijwe guhagarika intambara imaze ukwezi kurenga .
Muri iki cyumweru Trump yatangaje ko Iran idakwiriye gusoresha cyangwa kwaka amafaranga ubwato butwara ibikomoka kuri peteroli buzajya bunyura mu nzira ya Hormuz yari imaze iminsi ifunzwe kuva intambara ihuza ibi bihugu byombi yatangira muri Gashyantare 2026.
Kuva iyi ntambara ihanganishije Amerika ifatanyije na Israel bihanganyemo na Iran yatangira iki gihugu cyahise gifata umwanzuro wo gufunga Hormuz bituma ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bizamuka cyane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!