Mu butumwa yashyize ku rubuga Truth Social ku wa Gatatu, Trump yagize “Igihe cyose Iran izarasa ku bwato yaba ikoresheje misile, drone cyangwa ubundi bwoko bw’intwaro, Amerika izasenya ikiraro kimwe cyangwa urugomero rw’amashanyarazi.”
Yongeyeho ko n’ibikorwaremezo biri hafi ya Tehran, Umurwa Mukuru wa Iran, bishobora kugabwaho ibitero.
Trump yashimangiye ko “Amerika izatera kandi isenye” kimwe muri ibyo bikorwaremezo, buri gihe Iran izaba igabye igitero ku bwato bunyuze muri Hormuz.
Trump yavuze aya magambo mu gihe ibihugu byombi byakajije ibitero nyuma y’uko amasezerano y’agahenge y’agateganyo yasinywe mu kwezi gushize ariko akarengwaho nyuma y’igihe gito.
Reuters yatangaje ko intambara yo kugenzura inzira ya Hormuz na yo ikomeje gukomera, ibintu byongera ibyago by’uko impande zombi zishobora gusubira mu ntambara yeruye.
Bamwe mu mpuguke mu mategeko mpuzamahanga ndetse n’abayobozi bo hirya no hino ku Isi banenze ibyo Trump yavuze, bashimangira ko gukangisha gusenya ibikorwaremezo bya gisivili binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga abuza kugaba ibitero ku bikorwaremezo bya gisivili.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!