00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yavuze ko agahenge mu ntambara yo muri Iran kari mu marembera

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 11 May 2026 saa 11:29
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko agahenge kashyizweho mu ntambara ya Amerika na Iran kari mu marembere nyuma y’ibyo Iran yayisubije ku mushinga wo guhagarika intambara.

Yabitangaje ku wa 11 Gicurasi 2026, nyuma yo kubazwa n’abanyamakuru uko abona iby’amasezerano bihagaze.

Ati “Ubu navuga ko [ibyerekeye agahenge] biri ahantu habi, nyuma yo gusoma umwanda batwohereje, ntanubwo nigeze ndangiza kubisoma.”

Yashimangiye ko agahenge kameze nk’umurwayi uri kongererwa umwuka.

Ibi bibaye mu gihe Iran yatanze ibisubizo byayo ku wa 10 Gicurasi 2026 ku busabe Amerika yari yayihaye, byavugaga ku ntambara zose zirimo n’iyo muri Liban, aho Israel ihanganye na Hezbollah.

Iran yasabye ko kugira ngo yumvikane na Amerika, Washington ikwiriye kubanza kwishyura ibyangijwe muri Iran ndetse ishinga agati no ku busugire bwayo ku nzira ya Hormuz.

Tehran kandi yasabye Amerika ko igomba guhagarika inzitizi zashyizweho n’igisirikare cyayo kirwanira mu mazi, ikemeza ko itazongera gutera Iran ndetse igakuraho ibihano yafatiye Iran ku bijyanye no gucuruza ibikomoka kuri peteroli n’ibindi.

Hashize amasaha make Trump yamaganye ubu busabe bwa Iran avuga atabwemera ndetse atabwihanganira.

Iran yo yavuze ko yizeraga ko ibyo yasabye ku guhagarika intambara bikwiriye.

Perezida Donald Trump yavuze ko iby'amasezerano yo kurangiza intambara na Iran nta cyizere bigitanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages