00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yateguje kurasa Oman niyitambika umugambi wo guhagarika intambara muri Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 August 2026 saa 03:49
Yasuwe :

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yongeye gutangaza ko ashobora kugaba ibitero kuri Oman mu gihe yaba “ibangamiye” gahunda ze zo guhagarika intambara Amerika na Israel barwana na Iran.

Trump yabitangaje ku wa 17 Kanama, mu gihe akomeje kugerageza gushaka uko iyo ntambara imaze hafi amezi atandatu yarangira.

Nubwo Trump yakunze kuvuga ko intambara izarangira “vuba”, ndetse mu mezi ashize agashimangira ko hashobora gusinywa amasezerano arambye y’amahoro, kugeza ubu nta gikomeye kiragerwaho.

Umuhora wa Hormuz, ufite uruhare rukomeye mu bucuruzi bw’Isi kandi unyuramo hafi kimwe cya gatanu cy’ibikomoka kuri peteroli binyura mu nyanja, umaze amezi menshi ufunze kubera intambara Amerika na Israel byagabye kuri Iran muri Gashyantare.

Iran iri mu majyaruguru y’uyu muhora, mu gihe Oman iri mu majyepfo. Ibihugu byombi bimaze igihe biri mu biganiro ku bijyanye n’uburyo wagenzurwa.

Trump yabwiye Fox News at “Oman niyitambika mu nzira, tuzayitera ibisasu biremereye.”

Trump avuze ibi mu gihe no muri Gicurasi, ubwo mu nama y’Abaminisitiri yateraga ubwoba Oman avuga ko Amerika ishobora “kuyituritsa” mu gihe yaba ititwaye uko bikwiye.

Trump yateguje kurasa kuri Oman

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages