Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko ibyo bikomoka kuri peteroli bizagurishwa ku giciro kizaba kigezweho ku isoko, ko ayo mafaranga azagenzurwa na we ubwe kandi agakoreshwa mu bikorwa bigirira akamaro abaturage ba Venezuela na Amerika.
Aya magambo ye aje akurikira andi yavuze mbere, ko sosiyete zitunganya ibikomoka kuri peteroli za Amerika zizaba zatangiye gukora neza muri Venezuela mu gihe kitarenze amezi 18, kandi ko ateganya ko ishoramari rinini cyane rizinjira muri icyo gihugu.
Abasesenguzi babwiye BBC ko byasaba ishoramari rya miliyari nyinshi z’amadolari kandi ko bizafata imyaka kugira ngo ibijyanye n’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli bisubire mu buryo muri Venezuela.
Amagambo ya Trump aje nyuma y’umunsi umwe nyuma y’uko Delcy Rodríguez, wahoze ari Visi Perezida wa Venezuela, arahiriye kuba Perezida w’agateganyo w’icyo gihugu. Nicolás Maduro we yajyanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho ari kuburanishwa ku byaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’intwaro.
Ku wa Mbere, Perezida Trump yari yabwiye abanyamakuru ko kuba Venezuela igiye kuba igihugu gitunganya ibikomoka kuri peteroli, bizagabanya igiciro cyabyo.
Venezuela ni cyo gihugu cya mbere ku Isi gifite ububiko bunini bw’ibikomoka kuri peteroli. Kibarirwa ko gifite nibura utungunguru miliyari 300.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!