Yabigarutseho ku wa 17 Kamena 2026 ubwo yari mu nama ya G7 imaze iminsi ibera mu Bufaransa.
Ku wa 14 Kamena 2026 Amerika na Iran byemeranyije ku masezerano y’ibanze yo guhagarika intambara. Aya masezerano azasinyirwa mu Busuwisi ku wa Gatanu. Azamara iminsi 60 aho impande zombi zizaba ziga ku byo zemera kugira ngo hagerwe ku masezerano ya burundu.
Ni amasezerano arimo ingingo zitandukanye zirimo gusaba Iran kuzibukira intwaro kirimbuzi, gusaba ibyangijwe na Iran, gukurziraho Iran ibihano, gushaka amahoro arambye mu Burasirazuba bwo Hahati n’ibindi.
Icyakora Trump yavuze ko kugeza ubu ikigezweho ari ubwumvikane ko atagize ibyo yishimira ibintu byahindura isura.
Ati “Ni amasezerano y’ubwumvikane. Nintayakunda tuzasubira kubarasa, tumishe ibisasu ku mitwe yabo. Nintayemera, nibitwara nabi, tuzasubira kubamishaho ibisasu. Birumvikana?”
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi yavuze ko mu byo bari kumvikana hatarimo ibyo guhita bakuraho ibihano Iran yafatiwe mu bihe bitandukanye.
Yagaragaje ko ubutegetsi bwe bwagize uruhare mu masezerano atandukanye agaragaza ko ari amasezerano akomeye kabone nubwo abantu benshi batabasha kubisobanukirwa neza.
Intambara ya Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026 ubwo Israel na Amerika byarasaga bikomeye kuri iki gihugu bikica abayobozi bakuru benshi barimo na Ali Khamenei n’abandi. Iran yafunze inzira ya Hormuz inyuzwamo ibikomoka kuri peteroli birenga 20% by’ibikoreshwa ku Isi maze si ukuzahara k’ubukungu bw’Isi karahava.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!