00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yatangaje ko ari uwa mbere Iran ishaka kwivugana

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 July 2026 saa 01:23
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Iran imuhiga bukware, avuga ko ari we muntu wa mbere kiriya gihugu gishaka kwivugana.

Ibi yabivugiye i Ankara muri Turikiya ubwo yaganiraga n’abanyamakuru nyuma y’inama ya NATO.. Trump yavuze ko Amerika ifite ubushobozi bukomeye bwa gisirikare, ko ingabo zayo zamaze gushegesha Iran.

Yagize ati “Bari bafite abayobozi, baragiye; bazanye abandi, na bo baragiye. Ubu bafite abandi, na bo bashobora kugenda. Nanjye bashobora kunyivugana, kuko ndi uwa mbere bashaka.”

Yakomeje avuga ko nubwo abizi, adatewe ubwoba kuko ngo ari gukora igikwiye ku gihugu cye no ku Isi.

Ubwo yabazwaga niba azava muri Turikiya akoresheje indege isanzwe ya Air Force One aho gukoresha indi nshya yahawe na Qatar, kubera impungenge z’umutekano, Trump ntiyatanze igisubizo Ahubwo yavuze ko “ubuzima bwa Perezida buba buri mu byago byinshi”.

Yavuze ko kuba Perezida biteye akaga, agereranya ibyago perezida aba ashobora guhura nabyo n’iby’abatwara imodoka z’amasiganwa. Yongeyeho ko iyo abimenya mbere, wenda atari kwiyamamaza.

Icyakora Trump yavuze ko atitaye cyane ku byo yise iterabwoba, kuko ngo ari gukora akazi ke. Yateye urwenya avuga ko yakwishimira kuba uwa mbere kuri TikTok, kurusha kuba uwa mbere ku rutonde rw’abagomba kwicwa.

Trump yatangaje ko ari uwa mbere Iran ishaka kwivugana, ashimangira ko kuba Perezida ari ibintu bibamo ibyago byinshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages