00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yasabye urukiko rw’ikirenga gutesha agaciro icyemezo kimusaba kwishyura miliyoni 5$ umugore yahohoteye

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 11 November 2025 saa 08:18
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye urukiko rw’Ikirenga rwo muri iki gihugu gukuraho icyemezo cyafashwe n’urukiko rukuru ndetse kigashimangirwa n’urukiko rw’ubujurire kimusaba kwishyura miliyoni 5$ ku umugore yahohoteye, Elizabeth Jean Carroll, avuga ko habaye amakosa mu guca urwo rubanza.

Ibi yabisabye ku wa 10 Ugushyingo 2025, avuga ko umucamanza waciye uru rubanza, Lewis Kaplan, hari amakosa yakoze.

Trump avuga ko umucamanza atari akwiye kumva ubuhamya bw’abagore bigeze kumushinja kubahohotera, no gushingira ku mashusho yo mu 2005 agaragaza Trump avuga ko akunda gusoma no gukorakora abagore, avuga ko ayo mashusho ubundi atari akwiye no kuyabona.

Ati “Nta mutangabuhamya wari uhari, nta mashusho abyemeza, nta raporo ya polisi cyangwa iperereza, ahubwo Carroll yategereje imyaka irenga 20 yo kugira ngo abeshyere Donald Trump, nyuma y’uko abaye perezida wa 45 kugira ngo amwihimureho maze abyungukiremo.”

Urukiko ntirwahise rwemeza niba rwakiriye ubujurire bwe.

Elisabeth Jean Carroll yatangiye kurega Donald Trump mu 2019 akiri ku butegetsi muri manda ye ya mbere.

Mu 1996, nibwo Trump yashinjwe gukora igikorwa cyo guhohotera Carroll, magingo aya ufite imyaka 80.

Nyuma y’uko Trump arezwe, yaje guhakana ibyo yarezwe, arangije anavuga ko Carroll yamubeshyeye.

Ibi byatumye Trump aregwa ibirego bibiri byose yatsinzwe ategekwa kwishyura miliyoni 2$ mu gihe icyo gusebanya yaciwe miliyoni 3$.

Perezida wa Amerika Donald Trump yasabye urukiko rw'ikirenga gukuraho umwanzuro w'urukiko umusaba kwishyura miliyoni 5$ ku mugore yahohoteye kuko urubanza rwagaragayemo amakosa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages