Ku wa 15 Nyakanga 2025 ubwo Trump yari muri Pennsylvania, yabwiye abanyamakuru ko niba hari ibimenyetso byizewe ku kirego cya Epstein bikwiye gutangazwa, gusa yongeraho ko umwanzuro wa nyuma uzafatwa na Minisitiri w’Ubutabera.
Ati “ Gusa bizashingira kuri Minisitiri w’Ubutabera, Pam Bondi, gufata icyemezo ku byo yemera ko byizewe no kubitangaza.”
Mu itangazo ryasohotse ku wa kabiri, Bondi yari yanze gutanga ibisobanuro birambuye ku kuba hari izindi nyandiko zishobora gusohoka kuri icyo kirego.
Abashyigikiye Trump mu gikorwa cya ‘Make America Great Again’ na bo bamaze igihe basaba ko inyandiko bivugwa ko zahishwe na Leta zashyirwa ahagaragara.
Ubwo Trump yajyaga ku butegetsi bwa manda ya Kabiri muri Mutarama, ubutegetsi bwe bwiyemeje kuvanaho burundu iki kibazo.
Impapuro zasohotse ku wa 7 Nyakanga 2025, Minisiteri y’Ubutabera na FBI bavuze ko nta makuru mashya babonye ku kirego cya Epstein ndetse bemeza ko yapfuye yiyahuye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!