00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yakiriye imirwano ya UFC mu birori byahuriranye n’isabukuru ye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 June 2026 saa 08:41
Yasuwe :

Donald Trump yakiriye ibirori bidasanzwe by’imirwano ya UFC ku kibuga cyari cyashyizwe muri White House, mu gikorwa cyahuriranye n’isabukuru ye y’imyaka 80, kikaba cyaranzwe n’imyiyereko irimo iy’indege za gisirikare n’ibindi.

Ibi birori byiswe UFC Freedom 250 byari biteganyijwe kuba ku mugoroba wo ku Cyumweru, aho UFC yari yateguye imirwano irindwi ya MMA. Icyakora, itangira ry’imirwano ryabanje gutinda kubera impungenge z’inkubi y’umuyaga yari iteganyijwe i Washington, bituma abateguye igikorwa bimurira imirwano ku isaha ya saa tatu z’ijoro ku isaha yaho.

Mu busitani bwa White House hashyizwe ikibuga gito cyo kurwaniramo, amatara, ibyapa binini n’ibindi bikoresho byatumye iki gikorwa kigaragara nka kimwe mu bya siporo n’imyidagaduro bikomeye. Trump yari yicaye hafi y’ikibuga, ari kumwe n’abantu batandukanye barimo Umuyobozi Mukuru wa UFC, Dana White, usanzwe ari inshuti ye ya hafi.

Umukino wari utegerejwe cyane ni uwahuje Justin Gaethje na Ilia Topuria, bahatanira umukandara wa UFC mu cyiciro cya lightweight. Wabaye umukino ukomeye cyane, aho aba barwanyi bombi bakubitanaga ibipfunsi bikomeye kuva mu ntangiriro. Topuria yari yinjiye mu mukino afite icyizere gikomeye, ariko Gaethje agaragaza kwihangana, imbaraga n’umutima wo kutava ku izima.

Ku mpera z’igice cya kane, itsinda rya Topuria ryahisemo guhagarika umukino, bituma Gaethje atangazwa nk’uwatsinze. Iyi ntsinzi yafashwe nk’imwe mu zatunguranye cyane mu mateka ya UFC, cyane ko Topuria afatwa nk’umurwanyi wari ufite amahirwe menshi yo kwegukana intsinzi.

Indi mirwano na yo ntiyabuze kuryohera abayikurikiranye. Ciryl Gane yatsinze Alex Pereira mu cyiciro cya heavyweight, mu gihe Sean O’Malley yatsinze Umunya-Canada Aiemann Zahabi mu mukino waranzwe n’urusaku rw’abafana b’Abanyamerika baririmbaga bati “U-S-A!”

Trump yinjiye mu kibuga gushimira Gaethje, hakurikiraho ibishashi by’umuriro byatukijwe mu kirere cya Washington. Indege za gisirikare zo mu bwoko bwa B-1 na zo zanyuze hejuru ya White House.

Mu busitani bwa White House ni ho hari hubatswe ikibuga
Trump na Dana White bari bitabiriye ibi birori
Hacanwe ibishashi byo kwishimira ko iyi mikino yabereye kuri White House
Umugore wa Trump, Melania Trump, na we yari yitabiriye
Justin Gaethje yatsinze Ilia Topuria mu mukino w'ishiraniro
Ilia Topuria yavuye mu kibuga atwawe mu maboko nyuma yo gukubitwa umufiririzo
Abafana bari mu bicu kuva ku munota wa mbere kugeza ku wa nyuma. Ibipfunsi byavuzaga ubuhuha nabo bakajya mu bicu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages