00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yakangishije Iran kuyizahaza mu bukungu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 August 2026 saa 10:20
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora gushyiraho ibihano bikomeye by’ubukungu kuri Iran no gufata ingamba zigamije kuyiheza mu by’ubucuruzi ikorana n’ibihugu bitandukanye.

Mu bihugu bifitanye umubano ukomeye w’ubucuruzi na Iran harimo u Bushinwa, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Turikiya, Iraq, Oman, Pakistan, u Buhinde, Armenia na Azerbaijan.

Ati “Igihugu icyo ari cyo cyose kizemerera ibigo by’imari, iby’ubucuruzi, ibibuga by’indege cyangwa inzego za leta zacyo guha Iran uburyo ubwo ari bwo bwose bwo gukomeza kubaho, na cyo kizahura n’ingaruka zikomeye cyane mu by’ubukungu.”

U Bushinwa ni bwo bugura byinshi mu bicuruzwa bya Iran, cyane cyane peteroli. Igice kinini cya peteroli Iran yohereza hanze kigana mu Bushinwa. Abayobozi b’u Bushinwa bavuze ko ibihano n’igitutu bidakemura ikibazo, ahubwo ko impande bireba zigomba gushaka igisubizo binyuze mu nzira za politiki n’ububanyi n’amahanga.

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na zo zagaragajwe nk’igihugu cyagize uruhare rukomeye mu bukungu bwa Iran.

Iraq na yo ifite umubano ukomeye na Iran, aho ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi bushingiye ku bicuruzwa bitandukanye ndetse n’ingufu. Iran kandi iyigurisha gaz ikoreshwa mu gutanga amashanyarazi.

Mu bindi bihugu bikorana ubucuruzi na Iran harimo Oman, Pakistan n’u Buhinde. Ubucuruzi bw’u Buhinde na Iran bwagabanyutse nyuma y’ibihano bya Amerika, ariko iki gihugu gikomeje kohereza ibicuruzwa birimo icyayi, ikawa n’ibirungo muri Iran.

Trump yavuze ko igihugu cyose kizafasha Iran kuzahuka mu bukungu kizahura n'ibihano bikomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages