00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yakangishije Iran kurasa ingomero z’amashanyarazi zose n’ibiraro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 July 2026 saa 11:49
Yasuwe :

Perezida Donald Trump, yatangaje ko Amerika ishobora kugaba ibitero ku biraro n’ibikorwaremezo by’ingufu muri Iran mu cyumweru gitaha, mu gihe Tehran yaba idasubiye ku meza y’ibiganiro.

Aya magambo yayatangaje mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya Fox News, mu gihe Amerika na Iran bikomeje kurasana.

Ati “Mu cyumweru gitaha ibintu bizaba bibi cyane kuri bo. Tuzasenya ingomero zose z’amashanyarazi. Tuzasenya ibiraro byabo byose, keretse bagarutse ku meza y’ibiganiro.”

Trump wari wavuze ko azatangira gusoresha ubwato bunyuza ibicuruzwa muri Hormuz ikiguzi cya 20% yivuguruje avuga ko bizasimbuzwa amasezerano akomeye y’ubucuruzi n’ishoramari hagati ya Amerika n’ibihugu byo mu kigobe cy’Aba-Perse.

Mu bihe byashize, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Türk, yari yavuze ko kurasa ibikorwaremezo by’abaturage bishobora kuba binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi.

Ati “Mu mategeko mpuzamahanga, gutera ku bushake ibikorwaremezo bya gisivili ni icyaha cy’intambara.”

Igitutu cya Amerika kuri Iran n’ibitero bigabwa ntacyo bikora kuri Tehran kuko na yo ihita yihimura ikarasa ku birindiro by’ingabo za Amerika biri mu Burasirazuba bwo Hagati.

Intambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare yatumye habaho gufunga inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa buri munsi ku Isi.

Perezida Trump yavuze ko mu cyumweru gitaha bazatangira kurasa ku ngomero z'amashanyarazi n'ibiraro muri Iran nidasubira mu biganiro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages