00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yabwiye Umwami w’u Bwongereza ko nyina yari yaramubengutse

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 April 2026 saa 07:57
Yasuwe :

Perezida Donald Trump yakiranye urwenya Umwami Charles III w’u Bwongereza, agaragaza ko nyina witabye Imana mu 2000, yakundaga uyu mwami wari ukiri igikomangoma mu buryo budasanzwe.

Yabigarutseho ku wa 28 Mata 2026 ubwo yakiraga Umwami Charles uri kugirira uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yavuze ko icyubahiro agomba umuryango w’ibwami mu Bwongereza ari icya kera, agaragaza uburyo umubyeyi we Mary Anne MacLeod Trump ukomoka muri Écosse yari yarihebeye ubwiza bwa Charles akiri muto.

Ati “Yakundaga umuryango w’ibwami ndetse yakundaga umwamikazi… igihe cyose umwamikazi yabaga ari mu birori runaka cyangwa ikindi kintu mama ntabwo yagombaga kuva kuri televiziyo. Yaravugaga ati ‘Donald reba ukuntu ari byiza.”

“Ndibuka avuga neza ati ‘Charles, reba uburyo Charles ukiri muto ari mwiza cyane. Mama yari yarasariye Charles. Ntabwo wabyumva, ni ibintu bitangaje.”

Umwami Charles III yagiranye n’ibiganiro byihariye na Trump, benshi bavuga ko bishobora guhoshya umwuka mubi umaze iminsi hagati ya Amerika n’u Bwongereza kuva intambara ya Iran yatangira.

Intandaro yabaye ko Trump atishimiye ubufasha yahawe n’u Bwongereza ubwo yagabaga ibitero kuri Iran, Trump yashakaga ko u Bwongereza bwirundurira mu ntambara ariko bumubera ibamba.

Umwami Charles III yakiriwe na Donald Trump

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages