00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump akomeye ku cyemezo cyo kuyobora Amerika bwa gatatu

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 31 March 2025 saa 11:53
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko akomeye mu mugambi wo kuziyamamariza manda ya gatatu, nubwo amategeko ateganya ko umuntu agomba kuyobora manda ebyiri gusa muri Amerika.

Ibi yabigarutseho ku wa 30 Werurwe 2025, mu kiganiro yagiranye na NBC News.

Trump yavuze ko hari uburyo byakorwamo akemererwa kongera kwiyamamariza kuba Perezida wa Amerika, ariko avuga ko hakiri kare kugira ngo hafatwe uwo mwanzuro.

Yagize ati “Nta mugambi uhari, ariko hari uburyo bwo kubikoramo nk’uko mubizi, gusa haracyari igihe cyo kubitekerezaho. Abaturage benshi barabishaka.”

Trump abajijwe niba mu buryo bushobora gukoreshwa harimo ko Visi Perezida wa Amerika, J.D Vance, yakwiyamamariza umwanya wa Perezida, yatsinda amatora akamuha ubuyobozi, Trump yavuze ko ibyo na byo bishoboka ariko hari ubundi buryo.

Nubwo abashyigikiye Trump bakomeza kuvuga ko ibyo aba avuga kuri manda ya gatatu aba adakomeje, we agaragaza ko akomeje.

Mu minsi ishize Umu-Republicain witwa Andy Ogles uri mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika yatanze igitekerezo cyo kuvugurura itegeko nshinga, rikemerera umuntu wayoboye manda ebyiri zitikurikiranyije kuyobora iya gatatu.

Kugira ngo iri tegeko ryemerwe bisaba ko riba ryatowe na bibiri bya gatatu(2/3) by’abagize Inteko Ishinga Amategeko, ndetse na bitatu bya kane (3/4) bya Leta zigize Amerika.

Trump yavuze ko hari uburyo ashobora kongera kwemererwa kuba Perezida

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .