Ibi byavuzwe n’Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Amerika, Karoline Leavitt, ku wa 25 Gashyantare 2025.
Iyi Minisiteri imaze igihe idashobora gusobanura uburyo ikoresha imari. Mu igenzura riheruka mu 2024, byagaragaye ko amashami arindwi muri 30 ari yo yonyine ashobora gusobanura amafaranga yakoresheje.
Karoline yavuze ko ibi byatumye igisirikare cya Amerika gitakarizwa icyizere, ati “Batsinzwe igenzura inshuro zirindwi zikurikiranya, icyizere twagiriraga igisirikare cyacu mu bandi bashinzwe umutekano bose cyaragabanyutse.”
Yakomeje ati “Perezida agiye kuvugurura Pentagon n’igisirikare, rwose harimo na Pete Hegseth uyoboye [Minisiteri], kandi afite uburenganzira bwo kubikora.”
Ibi bije bikurikira iyirukanwa ry’abayobozi batandukanye bo mu gisirikare barimo Gen. Charles Q. Brown Jr. Guverinoma yavuze ko uku kwirukanwa kugamije kugira ngo igisirikare cya Amerika gikore neza.
Ku rundi ruhande Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth, wahawe iyi nshingano na Trump ashyigikiye ko habaho impinduka. Yavuze ko politiki yari isanzweho yashyigikiraga ubwisanzura, aho gushyigikira imikorere myiza y’igisirikare.
Ibiro bya Perezida wa Amerika ntibiratangaza impinduka zigiye kuba muri iyi Minisiteri cyangwa se abandi bayobozi bazahinduka.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!