00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump agiye kugura imodoka ya Tesla mu rwego rwo gushyigikira Elon Musk

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 11 March 2025 saa 12:20
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agiye kugura imodoka ikorwa n’uruganda rwa Elon Musk, Tesla, mu rwego rwo gushyigikira Elon Musk umaze iminsi mu bibazo by’abantu bagaba ibitero ku maduka y’uruganda rwe.

Ibi Trump yabitangaje ku wa 11 Werurwe 2025 abinyujije ku rubuga rwa Truth, aho yavuze iko ibyo Elon Musk ari gukora biri mu nyungu z’igihugu.

Yagize ati “Elon Musk ari gushyira ibintu ku murongo mu rwego rwo gufasha igihugu cyacu, kandi ari kubikora neza cyane. Ariko bariya bahezanguni nk’uko basanzwe babikora bari kugerageza guhombya Tesla, rumwe mu nganda nziza zikora imodoka z’amashanyarazi, mu rwego rwo kubabaza Elon Musk.”

Yavuze ko kubera izo mpamvu, agiye kugura imodoka ya Tesla mu rwego rwo gushyigikira Elon Musk.

Ati “Ngiye kugura imodoka nshya ya Tesla ejo mu gitondo, nko kwerekana icyizere ndetse no gushyigikira Elon Musk, nk’Umunyamerika mwiza.”

Ibi bibaye mu gihe hamaze iminsi imyigaragambyo ku maduka acuruza imodoka za Tesla aho yangizwa ndetse na ’stations’ z’izi modoka zikoreshwa mu gushyira umuriro mu modoka, zikangizwa.

Trump azwiho kugirana umubano mwiza na Elon Musk
Imodoka ya Tesla ku isoko yigonderwa n'umugabo igasiba undi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .