00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tomiko Itooka wari umuntu wa mbere ukuze ku Isi, yapfuye ku myaka 116

Yanditswe na Umutoni Rosine
Kuya 4 January 2025 saa 04:45
Yasuwe :

Umugore ukomoka mu Buyapani wari umuntu wa mbere ukuze kurusha abandi ku Isi, Tomiko Itooka, yapfuye afite imyaka 116, aguye mu kigo cyita ku bageze mu zabukuru mu mujyi wa Ashiya, mu ntara ya Hyogo.

Tomiko Itooka yabaye umuntu wa mbere ukuze ku Isi, nyuma y’uko Umunya-Espagne, Maria Branyas Morera, apfuye muri Kanama 2024 ku myaka 117.

Itooka yavutse muri Gicurasi 1908, imyaka itandatu mbere y’Intambara ya Mbere y’Isi, umwaka imodoka zo mu bwoko bwa Ford zamurikiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Itooka avuka mu bana batatu, yabayeho ku ngoma nyinshi, no mu bihe byinshi bitandukanye, birimo intambara z’Isi, ibyorezo, ndetse n’iterambere ry’ikoranabuhanga.

Akiri umunyeshuri, Itooka yakundaga gukina Volleyball ndetse no kurira imisozi, aho yuriraga umusozi wa Ontake ureshya na metero 3.067.

Mu myaka ye y’izabukuru yakundaga kurya ibitoki ndetse n’icyo kunywa gikundwa mu Buyapani kitwa Calpis, kiganjemo amata.

Itooka yarongowe ku myaka 20, akaba yarabyaye abana bane, abahungu babiri n’abakobwa babiri.

Tomiko Itooka wari umuntu wa mbere ukuze ku Isi, yapfuye ku myaka 116

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .