00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Temu yaciwe asaga miliyari 341 Frw kubera kugurisha ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 29 May 2026 saa 07:00
Yasuwe :

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi waciye amande urubuga rucururizwaho kuri internet rwa Temu angana na miliyoni 200 z’Amayero [asaga miliyari 341 Frw], kubera kwemera ko hacururizwa ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge kandi bishobora guteza akaga abaguzi.

Abagenzuzi b’ubuziranenge bw’ibicuruzwa basanze hari ibikinisho by’abana bihacururizwa birimo ibinyabutabire bishobora kubateza ibyago n’ibikoresho byongera umuriro mu bindi by’ikoranabuhanga byananiwe kurenga icyiciro cy’igerageza ry’ibanze.

Iperereza kuri Temu ryatangiye mu Ukwakira mu 2024 kugira ngo harebwe niba uru rubuga rukurikiza amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi agenga imbuga ngari za internet.

Temu yatangaje ko itemeranya n’iki cyemezo ndetse ko n’amande yaciwe ari menshi cyane, ivuga ko iperereza ryibanze cyane ku mikorere yayo yo mu 2024 kandi hari byinshi bimaze guhinduka ubu.

Nubwo itemeranya n’iki cyemezo, Temu yategetswe gutanga gahunda y’ibikorwa isobanutse bitarenze ku wa 28 Kanama 2026 kugira ngo igaragaze uko izakemura amakosa mu buziranenge bw’ikikoresho bicururizwaho.

Nyuma y’amezi abiri ni bwo Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi izemeza niba izo ngamba Temu yagaragaje zihagije ngo ibicuruzwa bihakomoka bigurishwe ku isoko ryaho ry’abantu miliyoni 450,6.

Ni kenshi ku mbuga nkoranyambaga abantu bagiye bagaragaza ko nta kintu kizima ushobora kugurira kuri uru rubuga rwa Temu, aho bifashisha amashusho cyangwa amafoto akoreshwa mu kwamamaza ibicuruzwa kuri uru rubuga bakayagereranya n’ibyo bohererejwe, bagaragaza ko ntaho bihuriye.

Temu yaciwe amande y’asaga miliyari 341 Frw kubera kugurisha ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages