Byitezwe ko iri kurwaho rizafungura inzira y’ishoramari nyuma y’amezi arenga atandatu Perezida Bashar al-Assad ahiritswe ku butegetsi.
Iri teka rigamije korohereza ibikorwa by’ingenzi bifasha iterambere rya Syria, imikorere y’ubuyobozi bushya ndetse no kongera kubaka umubano w’abaturage n’igihugu cyabo.
Guverinoma ya Syria yari imaze igihe yarashyizweho ibihano bikomeye na Amerika, birimo n’ibyagiye bishyirwaho mbere y’intambara yatangiye mu 2011, byakomeje gusenya ubukungu bwa Syria.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Syria, Asaad Hassan al-Shaibani, yatangaje ku rubuga rwa X ko ashimira icyemezo cya Trump, avuga ko kizafungura inzira yo kongera kubaka igihugu no kugiteza imbere.
Yongeraho ko iki cyemezo kizafasha mu kongera kubaka igihugu no gufungura amarembo ya Syria ku ruhando mpuzamahanga.
Trump yari yasezeranyije ko Amerika izashyigikira Syria nyuma y’intambara yaciye ibintu muri icyo gihugu.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!