Minisitiri w’Itumanaho n’Umuco muri Sudani, Khalid Ali Aleisir yabwiye abanyamakuru ko UAE na Tchad bifite akaboko kagaragara mu bibazo by’umutekano byugarije icyo gihugu.
Bivuzwe nyuma y’iminsi ingabo za Leta ziraswaho n’inyeshyamba hifashishijwe drones zigezweho, ibintu Sudani ivuga ko nta handi byaturutse atari ubufasha bw’ibyo bihugu.
Minisitiri Khalid Ali Aleisir yatangaje ko tariki 24 Ugushyingo ingabo za Leta zarashweho na drones zakorewe muri Czech ariko zigateranyirizwa Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, zikagezwa muri Tchad ari nayo yazishyikirije inyeshyamba za RSF.
Minisiteri y’Ingabo ya Sudani yatangaje ko zifashishijwe mu bitero byagabwe ku birindiro by’ingabo mu murwa mukuru Khartoum ndetse no mu mujyi wa El Fasher.
Minisitiri w’Ingabo, Yassin Ibrahim Yassin yatangaje ko Sudani ifite uburenganzira bwo kwihorera no kwirwanaho, nyuma yo kumenya ibihugu biri inyuma ya RSF.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!