00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sri Lanka: Inkende yateje ibura ry’umuriro mu gihugu cyose

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 February 2025 saa 08:26
Yasuwe :

Abarenga miliyoni 22 batuye Sri Lanka babihiwe n’umunsi w’icyumweru nyuma y’uko bawumaze nta muriro w’amashanyarazi bafite, inkende igashinjwa guteza ibi bibazo.

Ahagana Saa tanu z’amanywa muri icyo gihugu, ni bwo umuriro w’amashanyarazi wabuze hafi ya hose mu gihugu, bituma abantu bakoresha ubundi buryo burimo gukoresha ’generators’ mu gucana.

Iperereza ryahise ritangira, bidatinze Minisitiri ushinzwe Ingufu, Kumara Jayakody, aba yamaze kuvumbura ikibazo, abwira igihugu ko inkende ari yo yabashyize mu kizima.

Iyi nkende ngo yari imaze igihe ikinira hafi y’uruganda rukomeye rugemura amashanyarazi mu bice hafi ya byose by’igihugu, biza kurangira yangije insinga, bituma uru ruganda rudakomeza kugemura amashanyarazi.

Minisitiri ati "inkende yagiye ku ruganda rutanga amashanyarazi, yangiza sisitemu dukoresha."

Benshi mu baturage bahaye urw’amenyo uyu muyobozi, bibaza uburyo inkende ishobora gushyira igihugu cyose mu mwijima, bagahera aho basaba ko ibikorwa remezo by’amashanyarazi bikwiriye kuvugururwa, bikarushaho kwitabwaho mu buryo bwagutse.

Hagati aho, ibikorwa byo gusubizaho umuriro w’amashanyarazi birarimbanyije, uretse ko hari uduce tuzawutegereza igihe kitatangajwe. Icyakora ibitaro n’inganda zitunganya amazi yanduye byashyizwe mu by’ingenzi bigomba kugezwaho amashanyarazi.

Inkende yashyize abatuye Sri Lanka mu mwijima

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .