Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru, ibi biro byatangaje ko Qatar bibabajwe n’urupfu rwa Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani.
Rivuga ko “Ibiro by’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar biramenyesha igihugu igihombo gikomeye cy’urupfu rwa Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani, witabye Imana muri iki gitondo.”
Sheikh Hamad yayoboye Qatar kuva mu 1995 kugeza mu 2013, aho yagize uruhare rukomeye mu guhindura igihugu no kugishyira ku rwego rwo hejuru mu bijyanye n’ubukungu na politike mpuzamahanga.
Mu gihe cye ku butegetsi, Qatar yagaragaje iterambere rikomeye mu by’ubukungu, imibereho y’abaturage ndetse n’umuco, bituma iki gihugu kirushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.
Sheikh Hamad yabaye umwe mu bayobozi bagize uruhare rukomeye mu guteza imbere ubushobozi bwa Qatar, cyane cyane hashingiwe ku mutungo w’igihugu mu by’ingufu. Muri icyo gihe, Qatar yongereye ibikorwa byayo mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga, ubucuruzi ndetse n’ishoramari.
Urupfu rwa Sheikh Hamad rwakiriwe nk’igihombo gikomeye ku gihugu cya Qatar.
Uyu mugabo wapfuye ni se wa Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani uyoboye Qatar kuri ubu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!