00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Ebola yageze mu ntara ya karindwi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 September 2026 saa 06:17
Yasuwe :

Icyorezo cya Ebola cyakwirakwiye mu Ntara ya Sud-Ubangi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), iba intara ya karindwi imaze kugaragaramo iyi ndwara kuva muri Gicurasi 2026.

Ku wa 10 Nzeri 2026, Guverineri w’Intara ya Sud-Ubangi, yatangaje ko Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yageze muri iyi ntara iherereye mu majyaruguru ya RDC, nyuma y’uko inzego z’ubuzima zakoze iperereza ndetse n’ibizamini byafashwe ku murwayi wo mu gace ka Bulu bikagaragaza ko yanduye.

Iki cyorezo cya Ebola cyatangajwe na RDC ku wa 15 Gicurasi 2026, kikaba ari icyorezo cya 17 cy’iyi ndwara cyagaragaye muri icyo gihugu. Kugeza ubu kimaze guhitana abantu 3.349, mu gihe abagera ku 6.942 bamaze kwemezwa ko bayanduye.

Intara ya Ituri, iherereye mu majyaruguru y’iburasirazuba bwa RDC, ni yo yabaye intandaro y’iki cyorezo, ndetse ni na ho hakomeje kugaragara ubwandu bwinshi. Izindi ntara zari zimaze kugaragaramo Ebola ni Bas-Uélé, Haut-Uélé, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Tshopo.

Umuyobozi w’agateganyo wa Sud-Ubangi, Jean-René Galekwa, yatangaje ko umurwayi wagaragaye muri iyi ntara yitabye Imana azize Ebola mu gace ka Bulu.

Ibizamini byagaragaje ko yanduye virusi ya Bundibugyo.

Inzego z’ubuzima zatangiye gukurikirana abantu bose bagize aho bahurira n’uyu murwayi kugira ngo harebwe niba hari abandi bashobora kuba baranduye.

Amakuru yatangajwe avuga ko uyu murwayi yageze muri Sud-Ubangi mbere gato yo kwitaba Imana, nyuma yo kuba yari amaze kunyura mu bice bitandukanye bya RDC.

Kuba Sud-Ubangi itarigeze ihana imbibi n’intara esheshatu zari zisanzwe zaragaragayemo Ebola, byatumye inzego z’ubuzima zitangira iperereza rigamije kumenya neza uko ubwandu bwageze muri iyi ntara yo mu majyaruguru ya RDC.

Ebola yageze mu Ntara ya Sud-Ubangi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages