Putin yabitangarije mu Buhinde ku wa 5 Ukuboza 2025, nyuma y’uko Amerika ivuze ko ibiganiro intumwa zayo zagiranye na Putin bigaragaza ko ashaka kurangiza intambara.
Magingo aya u Burusiya bugenzura 85% by’Intara ya Donbas. Putin yavuze ko u Burusiya buzafata iyi ntara ku ngufu.
Ati “Ubwo tuzabohora utwo duce ku ngufu cyanywa Ingabo za Ukraine zihave.”
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yahakanye kenshi ko atazigera yemera guhara ibice by’igihugu cye.
Intumwa yihariye ya Trump, Steve Witkoff yavuye kuganira na Putin igomba guhura n’itsinda rya Ukraine muri Florida.
U Burusiya bwatangaje ko butegereje igisubizo cya Amerika ku biganiro bagiranye tariki 2 Ukuboza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!