00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Putin yise abacanshuro barwanira Ukraine abaterabwoba

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 13 March 2025 saa 08:05
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yaburiye abacanshuro b’abanyamahanga barwanira Ukraine ko nta tegeko mpuzamahanga ribarengera nk’ingabo z’icyo gihugu bityo ko bakwiye gufatwa nk’abakora ibikorwa by’iterabwoba.

Putin yabigarutseho mu nama yahuje abayobozi bakuru b’ingabo z’u Burusiya, yabereye mu ntara ya Kursk ku wa 12 Werurwe 2025.

Uyu muyobozi yavuze ko ingabo za Ukraine cyangwa abacanshuro bayifasha bafatiwe ku butaka bwa Ukraine bakwiriye gufatwa nk’ibyihebe hashingiwe ku itegeko ry’u Burusiya.

Yagize ati “Abantu bose bakoze ibyaha byibasiye abaturage batuye muri Kursk bahanganye n’ingabo zacu, inzego zishinzwe gucunga no hubahirizwa amategeko ndetse n’izindi nzego zidasanzwe, bakwiye gufatwa nk’abaterabwoba hashingiwe ku mategeko y’igihugu cyacu.”

Putin yashimangiye ko u Burusiya buha agaciro ikiremwa muntu n’aho yaba ari imfungwa z’intambara, ariko yaburiye abacanshuro ko badafite amategeko abarengera nk’ingabo zisanzwe.

Ati “Ndashaka kubibutsa ko abacanshuro b’abanyamahanga batarengerwa n’amasezerano ya Geneva yo mu 1949 arengera imfungwa z’intambara.”

Kursk iri ku mupaka w’ibihugu byombi yagiye ihura n’ibitero bikomeye biturutse muri Ukraine cyane cyane muri Kanama 2024, aho ingabo z’iki gihugu zafashe igice kimwe cyo muri aka gace.

Inzego zishinzwe iperereza mu Burusiya zatangaje ko ingabo za Ukraine n’abacanshuro bakoze ibyaha byibasiye abaturage ubwo bagabaga igitero gikomeye muri Kursk.

Ibyo byaha birimo gufata ku ngufu, iyicarubozo ndetse no kwica abaturage bo muri aka gace.

Putin yavuze ko abacanshuro bafatiwe mu ntambara bahanganyemo na Ukraine bazafatwa nk'abaterabwoba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .