00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Putin yasezeranyije kwihimura ku Burayi nibufatira ubwato bw’u Burusiya

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 August 2026 saa 01:42
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye kizafata ingamba zo kwihimura mu gihe ibihugu byo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi byafatira ubwato bw’ubucuruzi bw’u Burusiya.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wongereye igitutu ku bwato bw’u Burusiya binyuze mu kongera ibihano bifatira ubwato amagana ndetse no gufata bumwe muri bwo n’abakozi babwo kugira ngo bakorweho igenzura.

Ibihugu bimwe by’i Burayi byavuze ko biri gusuzuma uburyo bwo gukaza ingamba ku bwato burenga ku bihano bwafatiwe.

Ibiro ntaramakuru bya Leta y’u Burusiya, TASS, byatangaje ko Putin yise ibi bikorwa ubujura.

Ati “Birumvikana, ibi nta kindi bivuze ni ubujura n’ubugizi bwa nabi. Kandi nibishyirwa mu bikorwa, tuzabasubiza.”

Putin yavuze kandi ko igikorwa icyo ari cyo cyose cyo kwihimura k’u Burusiya kitazagarukira gusa mu mazi ubwato bw’u Burusiya bwaba bwafatiwemo.

TASS yanavuze ko Putin yashinjije Umuryango w’ubutabarane, NATO kwagurira ibikorwa byawo muri Aziya no guteza umwuka mubi muri Arctique.

Ati “NATO iri kwinjira muri aka karere, hari gushyirwaho inzego za gisirikare na politiki, kandi hari koherezwa cyangwa hateganywa koherezwa intwaro zishobora guteza ikibazo u Burusiya.”

Perezida Putin yagaragaje ko u Burayi nibufatira ubwato bw'ibicuruzwa bw'u Burusiya na bo bazihimura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages