00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pologne yasabye Ukraine gukura amaso kuri Crimea

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 4 February 2024 saa 08:28
Yasuwe :

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda yavuze ko bigoye kuba Ukraine yakongera kwigarurira Intara ya Crimea u Burusiya bwiyometseho mu myaka igera kuri 10 ishize.

Perezida Duda ibi yabitangaje ku itariki 3 Gashyantare 2024 mu kiganiro yagiranye na shene ya YouTube yitwa Zero.

Yavuze ko ashingiye ku mateka y’igihe kirekire n’ubundi bigaragara ko iyi ntara yahoze ari iy’u Burusiya, ndetse yemeza ko uduce abona twagarurwa kuri Ukraine ari Donetsk and Luhansk ariko ko Crimea bitashoboka.

Ubutegetsi bwa Duda ni bumwe bwashyigikiye cyane Ukraine kuva yakwinjira mu ntambara n’u Burusiya mu 2022. Gusa kuri iyi nshuro bwabaye nk’ubuhindura imvugo.

Perezida Duda yari asanzwe avuga ko afite icyizere ko Ukraine izasubirana uduce yambuwe n’u Burusiya gusa ijambo rye ryatunguye abarimo na Ukraine baryamaganira kure bavuga ko bazasubirana uduce bambuwe.

Mu 1954, u Burusiya bwahaye Ukraine agace ka Crimea nk’impano yo kwishimira umubano w’impande zombi wari umaze imyaka 300, uretse ibi bitari bisobanuye ikintu kinini kuko ibihugu byombi byari bikiri muri URSS. Aga gace kaje kongera kugenzurwa n’u Burusiya mu 2014 nyuma y’uko gatoreye icyo cyemezo.

Kubera iyi sano ikomeye hagati y’ibihugu byombi, usanga abaturage b’igihugu kimwe bafite abavandimwe mu kindi ndetse no mu gihe URSS yasenyukaga mu 1991, nyina wa Perezida Mikhail Gorbachev wabaye uwa nyuma wayoboye URSS yahindutse Umunya-Ukraine, naho se aba Umurusiya.

Ku rundi ruhande, nka Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yabaye mu Burusiya mu gihe kirenga imyaka 10, aho yubakiye izina muri byendagusetsa yakoraga mu Kirusiya.

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda yasabye Ukraine gukura amaso kuri Crimea kuko bigoranye kuyikura mu biganza by’u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages