00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pologne yamaganye igitekerezo cya Zelensky cy’uko u Burayi bwagira igisikare cyabwo

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 18 February 2025 saa 08:16
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Pologne, Radoslaw Sikorski, yanenze yivuye inyuma igitekerezo cya Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, cy’uko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, washyiraho igisirikare cyawo, yemeza ko cyaba kije kubangamira imikorere ya OTAN.

Mu minsi ishize ni bwo Zelensky yatangaje ko EU ikwiriye kwiga ku buryo yashyiraho igisirikare cyayo, cyanafasha mu guhangana byeruye n’u Burusiya kuko Moscow iteganya gutera ibihugu byo muri EU.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Pologne, Radoslaw Sikorski ubwo yaganiraga na TVP World, yavuze ko aho gukora igisirikare cya EU, ibihugu bigize uyu muryango byakongerera imbaraga OTAN.

Ati “Ndatekereza dukwiye kwitondera aya amagambo kuko abantu bumva ibintu mu buryo butandukanye. Niba wumva ari ukwishyira hamwe kw’ibisirikare by’ibihugu, ntabwo bizashoboka.”

Ibihugu 22 byo mu Muryango wa EU biba no muri OTAN, umuryango ubona ko uyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuko ari yo igira ijambo rikomeye mu kugena politiki nyinshi ziwugenga cyane ko ari nayo itanga imisanzu myinshi.

Icyakora ibihugu byinshi by’u Burayi byakunze kugaragaza ko hakwiriye gushyirwaho urwego rwa gisirikare rwigenga rwa EU aho guhora ibyo bihugu byinshingikirije kuri Amerika.

Nko mu 2019, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yagaragaje OTAN nk’ubwonko bwapfuye, na we agaruka ku ngingo ijyanye n’uko EU igomba kureka guhora yishingikirije ku butegetsi bw’i Washington.

Icyakora intambara ya Ukraine igitangira abenshi bahinduye imvugo, bagaragaza ko ahubwo OTAN ikwiriye gutezwa imbere, ndetse ikongererwa ubushobozi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Pologne, Radoslaw Sikorski, yamaganye igitekerezo cya Zelensky cy’uko u Burayi bwagira igisikare cyabwo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .