00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Zelensky n’abamuherekeje bumijwe no gusohorwa muri White House shishi itabona

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 2 March 2025 saa 08:59
Yasuwe :

Umujyanama mu by’umutekano w’igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Waltz, yatangaje ko Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, hamwe n’abagize itsinda ryari ryamuherekeje mu biganiro byamuhuje na Donald Trump, bumijwe n’uburyo birukanwe muri White House, ntacyo bagezeho.

Mu biganiro byahuje Perezida Trump na mugenzi we, Zelensky, yakiriye mu biro bye ku wa 28 Gashyantare 2025, byari byitezwe ko bagomba gushyira umukono ku masezerano yo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro ya Ukraine.

Icyakoza ntabwo ibi biganiro byagenze nk’uko byari biteganyijwe dore ko Trump na Zelensky bakozanyijeho kugeza ubwo batangiye gutongana, ndetse binarangira Zelensky n’abo bari bajyanye birukanwe muri White House batageze ku cyari cyabajyanye.

Umujyanama mu by’umutekano w’igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Waltz, uri mu bagiye kubwira Zelensky n’itsinda rye ko batagikenewe muri White House, yatangaje uko byagenze.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Breitbart News ku wa 1 Gashyantare 2025.

Yagize ati “Barumiwe. Sinzi uko batekerezaga ko ibiganiro byakomeza nyuma y’ibintu nka biriya byabaye Isi yose ireba. Ambasaderi we (wa Ukraine muri Amerika), yifashe mu mutwe ari mu biro bya Perezida kuko yari azi uburemere bw’ibyabaye”.

Yakomeje avuga ko ubwo yajyaga kubwira Zelensky n’ikipe y’abamuherekeje ko ayo masezerano atagishyizweho umukono, yabagaragarije ko kwihangana kwa Amerika kwarangiye mu rwego rwo kubumvisha ko batagikenewe.

Mike Waltz kandi yananenze imyitwariye yaranze Zelensky, agira ati “Ni gute uza gutuka umuntu mu gihe uri kumwingingira ko aguha amafaranga n’ubufasha?”.

“Twabasobanuriye neza ko imishyikirano yari kuba uriya munsi wari no kubabera mwiza kuri bo n’igihugu cyabo, ko yarangiye kandi ko ari gihe cyabo cyo kugenda”.

Ugushyamirana kw’abakuru b’ibihugu byombi kwatewe ahanini no kuba Zelensky yarakomeje kugaragaza ko Amerika ikwiriye gufata uruhande hagati ye na Vladimir Putin w’u Burusiya, ndetse iki gihugu kigakomeza kumuha inkunga.

Trump we yavuze ko adashobora gufata uruhande kuko byarushaho kongerera ubukana ikibazo, ndetse agaragaza Zelensky nk’umuntu udashima ibintu byose Amerika yamukoreye.

Perezida Zelensky n’abamuherekeje bumijwe no gusohorwa muri White House shishi itabona, nyuma yo gushyamirana na Donald Trump

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .