00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Korea ya Ruguru yongeye kuboneka nyuma y’ukwezi n’igice atagaragara mu ruhame

Yanditswe na

Tombola Felicie

Kuya 15 October 2014 saa 07:36
Yasuwe :

Nyuma y’ukwezi n’igice atagaragara mu ruhame Perezida wa Korea ya Ruguru Kim Jong-Un ku wa Kabiri yagaragaye mu mafoto yicumbye akabando asura inyubako izajya yigishirizwamo siyansi.
Perezida Kim Jong-un yaherukagaga kugaragara tariki eshatu Nzeri, nyuma y’aho yateje urujijo mu binyamakuru bitandukanye no mu baturage ayoboye, bamwe bakeka ko yaba yarahiritswe ku butegetsi.
Leta ya Koreya ya Ruguru yatangaje ko icyo gihe cyose yari arwaye ikibyimba ku kabumbambari .
Bamwe mu (…)

Nyuma y’ukwezi n’igice atagaragara mu ruhame Perezida wa Korea ya Ruguru Kim Jong-Un ku wa Kabiri yagaragaye mu mafoto yicumbye akabando asura inyubako izajya yigishirizwamo siyansi.

Perezida Kim Jong-un yaherukagaga kugaragara tariki eshatu Nzeri, nyuma y’aho yateje urujijo mu binyamakuru bitandukanye no mu baturage ayoboye, bamwe bakeka ko yaba yarahiritswe ku butegetsi.

Leta ya Koreya ya Ruguru yatangaje ko icyo gihe cyose yari arwaye ikibyimba ku kabumbambari .

Bamwe mu bakurikirana ibya politiki bemeza ko amashuri ya siyansi yasuraga ari inzu y’ahazajya hakorerwa ibitwaro bya kirimbuzi .

Kim Jong-un yagiye ku butegetsi nyuma y’urupfu rwa se muri 2011 ahita agirwa perezida, umuyobozi w’igisirikare ndetse ayobora n’ishyaka riri ku butegetsi .

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bizishyigikiye bimushinja kuyoborana igitugu no gukora rwishishwa ibitwaro bya kirimbuzi.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages