00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa El Salvado yahakanye ibyo gusubiza muri Amerika, imfungwa yoherejwe yibeshyweho

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 15 April 2025 saa 09:52
Yasuwe :

Perezida wa El Salvador, Nayib Bukele, yavuze ko nta gahunda afite yo kugarura Umunya-Salvadoran, Kilmar Abrego Garcia, woherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iki gihugu yibeshye ko ari ikihebe.

Ibi yabivuze ubwo yari yasuye Perezida wa Amerika, Donald Trump, mu biro bye White House, nyuma y’uko Trump yemeye ko Garcia yoherejwe muri EL Salvador yibeshye, ndetse n’Urukiko rw’Ikirenga rugategeka ko hashakishwa uburyo Garcia agarurwa muri Amerika.

Bukele abajijwe n’abanyamakuru niba azagarura Garcia yavuze ko nta bushobozi bwo kumusubizayo afite kuko ari ikihebe.

Yagize ati “Ni gute nakohereza ikihebe muri Amerika?”

Garcia yagiye muri El Salvador ajyanye n’abandi Banya-Venezuela 200 ndetse n’Abanya-Salvador 23, boherejwe na Amerika nk’abagize udutsiko tw’abagizi ba nabi, aho bahise bafungirwa muri gereza izwiho kuba mbi muri icyo gihugu.

Trump n’ubuyobozi bwe bakomeje kugaragaza ko nta bushobozi bwo kugarura Garcia bafite cyane ko atakiri mu maboko ya Amerika.

Garcia na bagenzi boherejwe muri El Salvador ku wa 15 Werurwe 2025, binyuze mu masezerano y’Amerika n’iki gihugu yo kwakira abimukira bavuye muri Amerika, ndetse Trump yongeyeho ko hari abandi bagiye koherezwayo gusa bwo bazakurikiza itegeko.

Perezida wa El Salvado yahakanye ibyo gusubiza muri Amerika, imfungwa yoherejwe yibeshyweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .