Ibi Lula yabigarutseho ubwo hasozwaga inama ihuza ibihugu bigize Umuryango wa BRICS, aho yasubije ibiheruka gutangazwa na Perezida Donald Trump, avuga ko agiye gufatira ibihano by’umusoro ibihugu bikorana n’uyu muryango.
Yabitangaje ku wa 7 Nyakanga 2025, abinyujije mu butumwa yashyize kuri Truth Social. Yavuze ko politiki ya BRICS igamije kurwanya Amerika.
Trump avuga ko kubera iyo mpamvu, ibicuruzwa biva mu bihugu bigendera kuri politiki ya BRICS, byoherezwa muri Amerika, bizazamurirwa umusoro.
Yagize ati “Igihugu cyose kigendera kuri politiki ya BRICS irwanya Amerika, kizacibwa undi musoro wa 10%. Nta cyitonderwa kizaba kuri iyi politiki.”
Perezida Lula yahise asubiza Trump, amubwira ko bidakwiriye kubona umuyobozi w’igihugu gikomeye nka Amerika aburira ibindi bihugu abinyujije kuri internet.
Yagize ati “Ntabwo bikwiriye kubona Perezida w’igihugu gikomeye nka Amerika aburira ibihugu abinyujije kuri internet.”
Yakomeje avuga abwira Trump ko akwiriye kumva ko Isi yahindutse kandi ko batifuza Umuyobozi w’Isi.
Ati “Akwiriye kumva ko Isi yahindutsse kandi ko tutifuza Umwami w’Abami utuyobora. Kubera ko turi ibihugu bifite ubusugire bwacu, niba yizera ko ashobora kudushyiriraho ibihano bishingiye ku musoro, natwe dukwiriye kumusubiza tuwushyiriraho igihugu cye.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!