00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Bangladesh yeguye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 July 2026 saa 11:02
Yasuwe :

Perezida wa Bangladesh, Mohammed Shahabuddin, yeguye mbere y’’imyaka ibiri yari asigaje ngo manda ye y’imyaka itanu irangire.

Shahabuddin w’imyaka 76, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2024 yavuze ko impamvu y’icyemezo cye ari uburwayi. Icyemezo cye cyaje mu gihe amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwe yamusabaga kuvaho.

Mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi we rigira riti “Isuzuma riheruka ryagaragaje ko mfite indwara yitwa Autonomic Neuropathy. Kubera iyi ndwara, rimwe na rimwe nta ubwenge.”

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Hafiz Uddin Ahmed, ni we uzasimbura Shahabuddin kugeza igihe hazatorwa umuyobozi mushya, nk’uko byatangajwe mu itangazo.

Itegeko nshinga rivuga ko Perezida mushya agomba gutorwa mu minsi 90 iri imbere uvuye igihe uwari usanzwe yeguriye.

Mu ibaruwa Shahabuddin yoherereje Hafiz Uddin Ahmed, yagize ati “Ndarwaye cyane… ku buryo ntashobora gushyira mu bikorwa inshingano zanjye.”

Ahmed yavuze ko yakiriye isezera rya Shahabuddin, nk’uko Associated Press yabitangaje.

Iri sezera ryaje mu gihe ibitangazamakuru byavugaga ko Shahabuddin yari yavuganye kuri telefoni n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wahungiye mu Buhinde, Sheikh Hasina. Bavuganye ubwo yari yagiye kwivuriza mu Bwongereza muri Gicurasi uyu mwaka.

Perezida wa Bangladesh, Mohammed Shahabuddin, yeguye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages