00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Trump yaganiriye ha Hezbollah ku ntambara yo muri Liban

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 June 2026 saa 09:51
Yasuwe :

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko yagiranye ibiganiro n’umutwe wa Hezbollah ufashwa na Iran, bemeranya ko nta bitero wongera kugaba kuri Israel.

Trump yemeje ko yanavuganye na Minisitiri w’Intebe wa Israel ko niba hari ingabo zagombaga koherezwa muri Liban zigomba guhita zihagarikwa.

Ati “Nagiranye ibiganiro byiza na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, ndetse nta basurikare bazajya i Beirut…Nagiranye ikiganiro cyiza na Hezbollah ndetse bemeye ko kurasa bihagarara.”

Uretse Trump nta wundi mukuru w’Igihugu wa Amerika wigeze avugana na Hezbollah byaba mu buryo butaziguye cyangwa ubuziguye, kuko Amerika ifata uyu mutwe nk’uw’iterabwoba.

Umwe mu bayobozi ba Liban yabwiye Reuters ko Hezbollah ibinyujije muri Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Nabih ⁠Berri, yabwiye Amerika ko ishaka guhagarika ibitero kuri Israel ariko na yo ikirinda kugaba ibitero kuri Beirut.

Intambara yo muri Liban, yakajijwe cyane n’iyo Amerika irwanamo na Iran. Umutwe wa Hezbollah ufashwa na Iran, bityo iki gihugu kivuga ko kugaba ibitero kuri uyu mutwe bishobora gutuma agahenge k’iminsi 60 kemeranyijweho gahita gapfa.

Perezida Trump yavuze ko ibiganiro yagiranye na Hezbollah byasize yemeye ko itazakomeza kurasa kuri Israel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages