Ku wa 02 Gashyantare 2025 ni bwo Trump yatangaje ko ahagaritse inkunga zose Amerika yageneraga Afurika y’Epfo, ku mpamvu zo kwiha ubutaka bw’abaturage no gutonesha ubwoko bumwe ubundi bugafatwa nabi.
Yagaragaje ko izo nkunga zihagaritswe mu gihe hari gukorwa iperereza kuri ibyo bibazo.
Mu kwezi gushize ni bwo Ramaphosa yemeje itegeko rishya ryorohereza Leta gufata ubutaka bw’abaturage mu nyungu rusange, icyakora ntibyafatwa neza n’abantu batandukanye barimo n’abo mu mashyaka yihuje na ANC ngo itsindire imyanya mu Nteko Ishinga Ametegeko.
Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Ramaphosa rirakomeza riti “Twiteguye kugirana ibiganiro n’Ubuyobozi bushya bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri politiki nshya y’ubutaka mu gihugu cyacu ku bw’inyungu z’impande zombi.”
Itangazo rikomeza rivuga ko Afurika y’Epfo “ari igihugu kigendera kuri demokarasi, cyimakaza ubutabera n’uburinganire” rikagaragaza ko Afurika y’Epfo itambuye abaturage ubutaka bwabo, rigaragaza ko ibyakozwe bishingiye ku mategeko.
Ubwo yavugaga kuri iyi ngingo akoresheje urubuga yashinze rwa Truth Social, Trump ntabwo yigeze agira byinshi avuga ku itegeko ryatumye ahagarika inkunga.
Icyakora Ramaphosa aheruka kugaragaza ko uretse inkunga bahabwa muri gahunda yo kurwanya Virusi Itera Sida binyuze muri PEPFAR ingana 17% by’iba ikenewe, nta yindi nkunga ihambaye itangwa na Amerika.
Uretse Trump, Elon Musk na we ni umwe mu bagarutse kuri iki kibazo, aho yabajije Ramaphosa kuri X impamvu yahisemo gufata iki cyemezo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!