Aka gahenge kazamara iminsi itatu kazatangira mu ijoro ryo ku wa 8 Gicurasi gasozwe ku wa 10 Gicurasi 2025.
Ibiro bya Perezida w’u Burusiya byatangaje ko agahenge kashyizweho hagambiriwe koroshya ibikorwa by’ubutabazi, bityo ko muri iyo minsi nta bikorwa byo guhangana n’ingabo za Ukraine bizakorwa.
Gusa u Burusiya bwavuze ko ingabo za Ukraine nizirenga kuri ako gahenge buzazisubiza.
Ku wa 9 Gicurasi buri mwaka u Burusiya bwizihiza umunsi mukuru w’intsinzi bwishimira ko Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti zatsinze aba-Nazi bo mu Budage.
Itangazo rigira riti “U Burusiya bwongeye kugaragaza ko bwiteguye ibiganiro nta mananiza abanje gushyirwaho, bigamije gukemura umuzi w’intambara yo muri Ukraine n’ibiganiro bifite intego hamwe n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.”
U Burusiya bwaherukaga gutangaza agahenge kuri Pasika.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!