Macron yabivuze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2026, nyuma y’uko u Burusiya bugabye ibitero bishya muri Ukraine, aho byahitanye abantu bane barimo abana babiri.
Ibi bitero byakurikiye ibindi byabaye ku wa Gatanu, byahitanye nibura abantu 20 hirya no hino muri Ukraine, barimo 16 baguye mu gitero cy’indege zitagira abapilote (drones) cyibasiye inzu y’ubucuruzi yari yuzuye abantu mu Mujyi wa Kryvyi Rih, ari na wo Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky akomokamo.
Nyuma y’ibyo bitero, Macron yavuze ko ari ngombwa ko Ukraine ihabwa ubushobozi bwo kurinda ikirere cyayo no gukumira ibitero bikomeje kugabwa ku butaka bwayo.
U Bufaransa ni kimwe mu bihugu by’i Burayi byagiye bishyigikira Ukraine kuva u Burusiya bwatangira ibikorwa bya gisirikare muri icyo gihugu. Gutanga missile zo kurinda ikirere ni imwe mu ngamba zigamije gufasha Ukraine kurwanya ibitero bya misile na drones bikomeje kugabwa ku mijyi n’ibikorwaremezo byayo.
Hagati aho, Ukraine n’ibihugu biyishyigikiye byo mu Burayi byari biteganyije gukora inama yo kuri internet igamije kureba uburyo hashyirwa igitutu ku Burusiya kugira ngo buhagarike intambara.
Umuryango w’Abibumbye watangaje ko umubare w’abasivili bapfiriye muri iyi ntambara muri uyu mwaka wageze ku rwego rwo hejuru ugereranyije n’amezi ya mbere ubwo intambara yatangiraga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!